Icyigisho cyo kuwa Le 26/7/2018 (IGICE CYA KABILI)

NONGEYE KUBASUHUZA MU IZINA RYA YESU KRISTO AMAHORO Y’IMANA ABE MURI MWE IBIHE BYOSE

Dukomeje kuganira Ijambo ry’Imana

Luka 22:28.”Ni mwe mwagumanye nange ,twihanganana mubyo nageragejwe

-29 Nange mbabikiye Ubwami nk’Uko Data yabumbikiye,

-30 Kugira Ngo muzarye munywe mwegereye ameza yange mu bwami bwange .Kandi muzicara ku ntebe z’Icyubahiro ,mucire imanza imiryango cumi n’Ibiri y’Abisirayeli.”

Twongereho
Yohana 6:66 Benshi mu bigishwa be bahera ubwo basubira inyuma ,barorera kugendana nawe .

67-Yesu abaza abigishwa be cumi na babiri ati” Kandi namwe murashaka kugenda?”

-68 Simoni Petero aramusubiza ati”Databuja ,twajya kuri nde ,ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo buhoraho,

-69 Natwe tukaba twizeye tuzi yuko uri Kristo ,Uwera w’Imana?”

Intego y’Ijambo ni Kugumana na Yesu
Niyo mpamvu Yabwiye abigishwa ati nimwe mwagumanye nange

Dufite Ibibazo by’Uburyo butari bumwe byatuma tudakomeza kugendana na Yesu

Ariko Ijambo ridusabye gukomeza urugendo kandi Yesu agakomeza kuba muri twe natwe tugakomeza kuba muri we

Rwose Ibyo kwihanganirwa birahari kubera Ko tukiri muri uyu mubiri dufashe Igihe muntambara kandi siyindi ntambara nukurwana n’Isi n’Umubiri na satani

Kandi burya abazaba batsinze urwo Rugamba bazabana na Yesu akaramata

Watekereza kugumana na Yesu ni gute umuntu yagumana nawe ate

Kuko Yesu azi byose isi yayisonzeyemo yayihangayikiyemo
Niyo mpamvu adusaba kugumana nawe kuko mu isi hari ibiruhsya ndetse n’Ibigeragezo

Ariko hahirwa abagumana na Yesu ntibibatere kugwa ndetse no gusubira Inyuma

Kuko bazabona Ishyano abamanuka bajya muri Egiputa kwitabariza,bakiringira,amafarashi bakizigira n’amagare kuko ari menshi ,kandi bakiringira abagendera ku mafarashi kuko ari abanyamaboko cyane maze ntibite ku Uwera wa Isirayeli kandi ntibashake Uwiteka
*Yesaya -31.

Burya Igihembo Yesu yadusezeranyije n’Ubwami bw’Ijuru kuko ariho tuzarya tukanywa tugashira inyota twicaye kumeza muntebe z’Icyubahiro
Kandi ntawe uzaguhagurutsa
Cy Ngo agucyurire

Imana iturinde gusubiramo inyuma ndetse no gutembanwa n’Iminsi tukava mu gakiza
Ahubwo Yesu adushoboze kugumana nawe

Ibihe byose
Imfatiro zasenyutse
Twarwaye
Twarwaje
Twapfushishe
Twanzwe
Twashonje
Twahuye n’Ibihombo ibyacu bigatezwa
Mbese igihe tuguwe gitumo
N’Ibitugerageza by’Uburyo butari bumwe
Bisaba kwegera tugatinyuka
Tukajya kuri Yesu kuko ariwe Ufite amagambo
Meza Y’Ubugingo

Umuririmbyi ati Nyura mu misozi kandi nkanyura mu mataba aho Hose Niko harushya Umutima ariko njya ninginga
Uwiteka
Kigir Ngo Amfashe nawe ntatinda kunyumva

*Luka Mwa mukumbi muto mwe ,ntimutinye,Kuko So yishimira kubaha Ubwami .

Reka mbe nshoje ariko dutinyuke Yesu ari kumwe natwe urugamba si
Urwacu
Imana ikomeze itwungure Ubwenge mu Ijambo ryayo
Amen
Mwari kumwe na
JMV

Leave a Comment

Your email address will not be published.