đđ˝Yesu ashimwe nshuti z’umusaraba dusangiye gucungurwa n’amaraso ya Kristo Yesu umwami wacu.
đđ˝ Imana Data wa twese mwiza ise wâumwami wacu Yesu Kristo waducunguje amaraso yâigiciro atari ayo mu bitungwa nishimwe yo ukomeje kudumuha uyu mwanya wo kuganira namwe ijambo ryâImana muri kumwe na Theogene Niyonzima – Papa Orli, ndi Umukristo wa ADEPR â Cyahafi, Itorero ryâAkarere rya Nyarugenge â Kigali, Rwanda.
âđ˝ Intego yâIjambo ryâuyu munsi: GUHUZA UMUTIMA.
đ Maze gusoma Ijambo ryâImana nasanze hari imbaraga nyinshi ziba mu guhuza umutima kuko abantu bashobora no gusenga ntibigire icyo bitanga ariko bahuza umutima gusa ibitangaza bigakoreka, Noneho iyo habayeho Gusenga kwâabantu bahuje umutima bimeze nko Kwicarana nâImana kandi nanone Kudahuza kwâabakristo nako kugateza igihombo mu bwami bwâImana ndetse kikaba icyaha gikomeye.
â¤´ď¸ Reka mvuge zimwe mu ngero nasomye kdi nawe turimo gusangira ijambo ryâImana ubifiteho ubuhamya aho byaba byarakubayeho
đ Igice cya mbere cy’abahuje umutima n’inama badafite intego nziza
1ď¸âŁ. Abubatsi bâumunara wa Babeli bahuje umugambi wo kubaka umudugudu nâinzu ndende kugira ngo bagire Izina rimenyekana biremera ariko Uwiteka aza kubataniriza mu isi yose mu ndimi zitandukanye â Itangiriro 11:1-9
2ď¸âŁ. Abagibeyoni bamaze kumva ibyo Yosuwa yakoze i Yeriko no kuri Ayi, bateranira hamwe bahuza inama yo kurwanya Yosuwa n’Abisirayeli baza kuvumwa umuvumo wo kuba abaretwa n’abashenyi n’abavomyi b’inzu y’Imana yanjye. â Yosuwa 9: 1-23
3ď¸âŁ. Abahanuzi ba Ahabu bahuza amagmbo yo kumubesha ko azatabaruka amahoro i Ramoti y’i Galeyadi ariko Mikaya yanga guhuza nabo amagambo kuko yararimo Umwuka wâImana. â 1Abami 22:1-28
4ď¸âŁ. Urupfu rwa Herode rwatewe nuko abantu bahuje ijwi barasakuza bati âYemwe noneho ni ijwi ry’Imana, si iry’umuntu!â â Ibyakozwe nâintumwa 12:20-23
5ď¸âŁ. Urupfu rwa Ananiya na Safira bahuje inama yo kubeshya Umwuka wâImana â Ibyakozwe nâIntumwa 5:1-11
⪠Igice cya Kabiri cy’abahuje umutima n’inama bafite intego nziza kdi bayigeraho
âŞď¸Abisirayeli bose bateranira kurwanya uwo mudugudu wâababenyamini bahuje umutima, baba nk’umuntu umwe barabanesha â Abacamanza 20:8-11
đĽAbari mu mwanya umwe bahuje umutima basenga batunguwe nâumuriri uvuye mu ijuru umeze nk’uw’umuyaga uhuha cyane, ukwira inzu bari bicayemo bose buzuzwa Umwuka Wera, batangira kuvuga izindi ndimi nk’uko Umwuka yabahaye kuzivuga. â Ibyakozwe nâintumwa 2:1-11
đŚAbizeye bose bahuzaga umutima n’inama, kandi nta n’umwe wagiraga ubwiko ku kintu, ahubwo byose barabisangiraga â Ibyakozwe nâintumwa 4:32
đđ˝Abapfakazi bâi Yopa babonye Tabita apfuye bahuriza hamwe kurira no Kwerekana imirimo byiza yabakoreye akiriho, Umwuka wâImana akorera muri Petero azura Tabita â Ibyakozwe nâintumwa 9:36-43
â¤´ď¸ None Bakundwa Benedata Bakunzi vâumusaraba nâiki gitera amakimbirane mu bakozi bâImanaâ mu matsinda (Groups) tubamoâ mu rugo zacuâ mu kazi dukora â
âď¸ Ngana ku musozo dusome
â¤ľď¸ Zaburi 133
â Dorere, erega ni byiza n’iby’igikundiro, Ko abavandimwe baturana bahuje!
â Bimeze nk’amavuta y’igiciro cyinshi yasutswe ku mutwe, Agatembera mu bwanwa, Mu bwanwa bwa Aroni, Agatembera ku misozo y’imyenda ye.
â Kandi bimeze nk’ikime cyo kuri Herumoni, Kimanukira ku misozi y’i Siyoni, Kuko aho ari ho Uwiteka yategekeye umugisha, Ari wo bugingo bw’iteka ryose.
đ Matayo 18:19-20 â Kandi ndababwira yuko ababiri muri mwe nibahuza umutima mu isi wo kugira icyo basaba cyose, bazagikorerwa na Data wo mu ijuru. Kuko aho babiri cyangwa batatu bateraniye mu izina ryanjye, nanjye mba ndi hagati yabo.
đť Guhuza umutima kwacu nkâabakristo bituma amasengesho dusenga atagira inkomyi kuko turi ishyanga ryera, abatambyi bâUbwami bo kwamamaza Ishimwe ryâImana iduhamagaye mu gihe cya none.
đťGuhuza Umutima biduha kunezererwa umugisha nâuburumbuke bwâUwiteka.
Yari Mwene So muri Kristo Yesu
Theogene Niyonzima
Ndabakunda.đ