đ€Muraho bene Data.
Nizeye ko mukomeye kandi ko Umwuka wera akomeje gukorâimirimo muri twe, mu bacu no mu byacu.
đNejejwe nâImana ko impaye akandi kanya ngo tuganire.
Mureke dusome aya amagambo, tuyaganireho.
Yesu yima Abafarisayo ikimenyetso (Mar 8.11-12; Luka 11.16,19-32)
đMatayo 12:38-45
- Nuko bamwe mu banditsi nâAbafarisayo baramusubiza bati âMwigisha, turashaka kureba ikimenyetso kiguturukaho.
- Na we arabasubiza ati âAbantu bâigihe kibi bishimira ubusambanyi, bashaka ikimenyetso ariko nta kimenyetso bazahabwa, keretse icyâumuhanuzi Yona.
- Nkâuko Yona yamaze iminsi itatu nâamajoro atatu mu nda yâurufi, ni ko nâUmwana wâumuntu azamara iminsi itatu nâamajoro atatu ikuzimu.
41.Abâi Nineve bazahagurukana nâabâiki gihe ku munsi wâamateka, babatsindishe kuko bihannye ubwo bumvaga kwigisha kwa Yona, kandi dore uruta Yona ari hano. - Umugabekazi wâigihugu cyâi kusi azahagurukana nâabâiki gihe ku munsi wâamateka abatsindishe, kuko yavanywe ku mpera yâisi no kumva ubwenge bwa Salomo, kandi dore uruta Salomo ari hano.
- âDayimoni iyo avuye mu muntu, anyura ahadafite amazi ashaka uburuhukiro akabubura.
- Akavuga ati âReka nsubire mu nzu yanjye navuyemo.â Yagerayo agasanga irimo ubusa, ikubuwe, iteguwe.
- Ni ko kugenda akazana abandi badayimoni barindwi bamurusha kuba babi, bakinjira bakabamo, ibyo hanyuma byâuwo muntu bikarusha ibya mbere kuba bibi.
Ni ko bizaba ku bâiki gihe kibi.â
đđ»Aya magambo si macye kandi nibwira ko tuyavugaho gato tukazayakomeza ubutaba.
Ndifuza ko twese tumenya ko Yesu nta kindi kimenyetso yahaye isi usibye icya Yona.
Ubundi iyo usomye iyi message Yesu yahaye abafarisayo inshuro 2 muri Matayo (hariya twasomye, na Matayo 16:1-4) ndetse nâiteraniro ryarimo umudamu warâumubwiye ko hahirwa inda yamubyaye nâamabere yamwonkeje, amaze kuvuga ko hahirwa abumva ijambo ryâImana, bakaryitondera (Luka 12:27-32).
Iki gisubizo nizera ko nâubu aricyo duhabwa kuko ijambo ryâImana ntirita agaciro cyangwa ngo rihindurwe nâibihe nkâuko tubyibwira, bityo tukaba tugomba kwitondera ijambo ryâImana kuruta ibindi niba turi abana bâImana byâukuri.
đ None se niba abo mu gihe cya Yesu barishimiraga ubusambanyi, hanyuma ariko bakanashaka ibimenyetso byâImana, uyu munsi mubona bimeze bite?
Ntaho mubona abantu bakora ibyaha ndetse amahano, ariko bakumva ko bahanura, babwiriza, basenga ndetse banakorâimirimo nâibitangaza byerekana ibimenyetso bihamya Imana?
Uyu munsi ndifuza kubabwira rwose ko dukurikije ijambo twasomye, nta kindi kimenyetso isi yose cyangwa wowe na njye tuzahabwa usibye icya Yona.
đ None Yona uyu, ibye bimeze bite?
Yona ni umuhanuzi ukomeye cyane kuruta uko tubisoma muri pages 2 zâigitabo cyâubuhanuzi bwe.
đBurya ari amadini yâabakristo, abayahudi ndetse nâabayisilamu baramwemera ndetse abayisilamu bo bavuga ko na Muhamedi atamurusha kuba umuhanuzi ukomeye kuko avugwa mu bice 6 bya coran, igice cya cumi cyayo cyo baranakimwitiriye (Surate 10: yitiwe Yunus cyangwa Yona nkâuko yitwa mu cyarabu).
Imva ye iri mu mujyi wa Mossoul (Mosulu), umujyi wa 2 munini muri Iraki, aho hakaba ariho umujyi wa Ninive wari uri. Aho ni ahantu hasurwaga cyane mbere yâuko haba umutekano mucye wakurikiye intambara zo muri Iraki. Nasanze uyu mugabo abakristo tutajya tuzirikana ko Imana yamutumye kuko yari umuhanuzi wo kwizerwa utavangiwe, wahanuraga bigasohora (2 Abami 14:25).
đ„Gusa igihe atumwe kuburira I Ninive, hari ikintu gitangaje cyabaye! Yashatse guhunga Imana ngo bariya banzi bâubwoko bwe nâImana ye, bazazire ibyaha byabo!
Benshi mu bakozi bâImana uyu mutego bawugwamo ariko ndifuza kubabwira ko Imana yacu itufuza ko abo yaremye barimbuka, ikaba igirira imbabazi buri wese wihannye. Burya icyo Imana ipfa nâabantu ni ukwanga kwihana. Ese kuki yahunze? Igisubizo nuko yarazi ko baburiwe, bakwihana, maze kuko Imana ari inyembabazi ikabababarira (Yona 4: 2: asenga Uwiteka ati âUwiteka, si icyo navugaga nkiri iwacu? Ni cyo cyatumye nshoka mpungira i Tarushishi, kuko namenye ko uri Imana igira ubuntu nâimbabazi, itinda kurakara, ifite kugira neza kwinshi kandi yibuza kugira nabi).
Uyu muhanuzi yari afite umugambi mubi kuri bariya bantu kandi yifuza ikibi kuri bo. Uyu munsi hari abakozi bâImana bafite umutima wuzuye urwango ndetse banifuza ikibi ku bandi! Imana itugenderere pe! Gusa mbere yâuko aba ikimenyetso ntakuka cyo kumara iminsi 3 mu nda yâurufi, byasuraga iminsi 3 Yesu yagombaga gusura urupfu nâizuka bya Yesu, yibutse Uwiteka, yihanira mu nda yâifi maze imbabazi atifurizaga abandi irazimuha. Imana yacu igira neza kandi ibabarira uwihannye rwose, nihabwe icyubahiro
đYona 2: 8-10.
- Ubwo umutima wanjye wiheberaga mu nda nibutse Uwiteka, No gusenga kwanjye kwakugezeho mu rusengero rwawe rwera.
- Aberekeza umutima ku bitagira umumaro byâibinyoma, Baba bimĆ«ye ubababarira.
- Ariko jyeweho nzagutambira igitambo nâijwi ryâishimwe, Kandi nzahigura umuhigo wanjye, Agakiza gaturuka ku Uwiteka.â
- Nuko Uwiteka ategeka urufi ruruka Yona imusozi!
đđ»Uyu munsi abakozi bâImana ba none dukwiye kujya twisuzuma, tugatekereza cyane Uwiteka aho kureba imyanya, impano, imyaka tumaze mubyâImana nâibindi, hanyuma tukihana.
Mu buryo butaziguye, Yona yabaye ikimenyetso gikomeye kiriya gihe kandi nâubu nicyo mu buryo ntakuka, kuko Yesu iyo minsi 3 yayimaze ikuzimu, azukana ubutware bwose mu ijuru no mu isi.
âEse wizeye ibi? Kuzuka kwa Yesu nâubutware bwe, ngicyo ikimenyetso ntakuka, bivuze ko njye nawe dukwiye kuzirikana ibi, tukarwana intambara nziza yo kwizera, tukazarangiza urugendo neza.
đYesu aruta abami nka Salomo, abahanuzi bakomeye nka Yona,
ââŠ..ese niko umufata cyangwa hari ibindi biri hejuru ye mu buzima bwawe?
Urubanza ruzatsinda abâisi kubera kutamenya cyangwa kutazirikana iki kimenyetso isi yahawe.
đđŸââïžđââïž Muve mu bimenyetso bindi abantu bujuje hanze aha, muzirikane iki kiruta byose aricyo gupfa kwa Yesu watumeneye amaraso no kuzuka kwe, agahabwa ubutware bwose mu ijuru no mu isi. Mureke twemere ubwo butware mu buzima nâimihamagaro yacu. Mureke tuvane amaso mu bimenyetso byo mu isi nkâintambara, ubukene, indwara zâibyorezo,âŠ.cg nâibindi byose abantu barangamira nkâamafaranga, ubuzima bwiza, kumenyekana nâibindi, maze dutunge iki kimenyetso nka Pawulo wagize ati: Uhereye none Tuzirikane ibi, mu gihe isi iziririza Pasika yâabakristo kuko ariyo ikubiyemo iki kimenyetso.
đUmunsi mwiza nâicyumweru gihire.
Yesu abahe umugisha.
Jean Claude MUTABAZI