đ€Yesu ashimwe bene Data.
đIgitondo cyâumugisha kuri mwebwe bavandimwe nâabanyu bose.
đđ» Uwiteka ashimwe ko akiturindiye muri iyi si ariko cyane cyane mu buntu bwe.
đNejejwe nâImana impaye akanya ngo tuganire ku ijambo ryayo mu ntangiriro zâiki cy’umweru nâukwezi kwa
- Ntabatindiye rero, reka dusome aya magambo akurikira:
đ2 Abami 5:25-27
- Hanyuma araza ahagarara imbere ya shebuja.
Elisa aramubaza ati âUraturuka he Gehazi?â Undi ati âUmugaragu wawe ntaho nagiye.â - Aramubwira ati âUmutima wanjye ntiwajyanye nawe, ubwo wa mugabo yahindukiraga akava ku igare rye akaza kugusanganira?
Mbese iki gihe ni igihe cyo kwakira ifeza nâimyambaro, nâinzelayo nâinzabibu, nâintama nâinka nâabagaragu nâabaja? - Nuko ibibembe bya NÄmani bizakomaho no ku rubyaro rwawe iteka ryose.â Maze amuva imbere ahindutse umubembe, yera nkâurubura.
đYohana 2:23-25
- Nuko ubwo yari i Yerusalemu mu minsi mikuru ya Pasika, abantu benshi babonye ibimenyetso akora bizera izina rye,
- ariko Yesu ntiyabiringira kuko yari azi abantu bose.
- Ntiyagombaga kubwirwa ibyâabantu, kuko ubwe yari azi ibibarimo.
đ1 Yohana 3:18-21
- Bana bato, twe gukundana urumamo mu magambo cyangwa ku rurimi, ahubwo dukundane mu byo dukora no mu byâukuri. 19. Icyo ni cyo kizatumenyesha ko turi abâukuri, tukabona uko duhumuriza imitima yacu imbere yayo,
- nubwo imitima yacu iducira urubanza, kuko Imana iruta imitima yacu kandi izi byose.
21.
Bakundwa, imitima yacu nitaducira urubanza, turatinyuka imbere yâImana
đIyo usomye ariya magambo yose, wumvamo ingingo nkuru yuko Imana idahishwa kandi icyo nicyo nshaka ko twibukiranya!
đčImana ntaho wagira icyo uyibeshya, uyikinga, uyijijishaho!
Muri kamere ya muntu, birazwi ko nta muntu ushobora kumenya ibyâundi atekereza, apanga cg yibwira ibi bituma abantu duhora dutungurwa kandi kenshi tugateshwâumutwe no kubonâ umuntu wari ufite uko ufata, akozâibintu utamukekagaho!
đšâđ» Abahanga mu mateka bemeje ko abantu benshi bakomeye ku isi bagiye bakorwaho cg bazira inshuti zabo magara! Yewe hari abajya kure bakanemeza ko mu murongo kimwe nâabami, abatware, abakire nâabandi bakomeye mu isi bagiye bazira inshuti zabo magara zibazi neza, ko nta wundi wari gushobora gutanga Yesu neza atari umwe mu bigishwa be!
đđ» Ibi ni ukuberâiki biba? Nuko imitima yâabantu no kwibwira kwayo ari kubi (Itangiriro 6:5), kuva Adamu na mukâiwe bagoma.
đđ»Yeremiya yahanuye neza ko umutima wâumuntu urushâibintu byose gushukana kandi ntawawukiza wundi (Yeremiya 17:9-10), bien sĂ»r usibye Yesu.
đđ» Ibi bituma uburiganya nâamafuti byo mu mitima byumvisha ko nibikorwa ntawe uzabivumbura, ndetse ko nâImana ihuze cg itabyitayeho!
đAriko Yesaya yuzuyâUmwuka arahanura ngo bazabonâishyano abahishâimigambi yabo, bakibwira bati ntawe ubizi, ntawâubireba nkâaho Imana atariyo muremyi wâimitima yabo (Yesaya 29:15-16).
âEse ni ukuberâiki iyi ngeso yo kwiyoberanya, kuriganya, kubeshyana, kuryaryana, guhemukirana, kugambanirana, kwica gahunda, gukorera ku byaha abantu bibitsemo,âŠ.ikomeza no mu bantu bâImana?
Nuko Imana imenyâimitima ariyo ituzi kandi ariyo ica urutabera!
đŒđŒHari indirimbo yo mu minsi yashize yagira gutya muri refrain yayo: UwitekâImana yaduhishâibanga, kureba mu mutima wâumuntu yabigizâibanga, iyo itabigirâibanga twari kubeshya ngo iki?âŠ..
đ€ Impamvu abantu rero bagirâuburiganya muri bo kandi bakumva Imana nâabantu batazabimenya cg batazabitindaho nuko byose aho bicurirwa hiherereye kandi umuntu akaba ashukwa nâibyo ararikiye afitemo inyungu runaka nka Gehazi.
Ariko Elisa ngo yuzurâUmwuka wera abwira Gehazi ati umutima wanjye (Umwuka wâImana undimo) wabibonaga byose kandi abakozi bâImana ntidukwiye gushukwa nâifeza, imyambaro, imyaka, inka,⊠(ubutunzi), abagaragu nâabaja (icyubahiro, kugirâijambo, gukomeraâŠ.).
đđ»Ibi rero byashutse Gehazi agasarurâibibembe nibyo natwe bitugejeje kure mu minsi ya none kandi biva muko satani atwongorera ati:
Uzaba winejeje, uzaba ukize, uzaba wubashywe, uzaba ukomeye, uzabaho neza, uzaba uzwi,âŠ.ariko ntatume dutekereza ko byose ari ubusa kandi ko nta byiza byo mu byaha no kwibesha mu mitima yacu.
đ„ Benshi bahemuka, bakaryarya bazi Imana, baba mu murimo wâImana nkâabafarisayo cg ari uko bagize feelings (bafashijwe, bahimbawe,âŠ) ariko batahindukiriye Imana bibeshya ko Imana izumva amagambo meza bavuga ariko ibiri mu mitima yabo bitayirajâishinga, nka bariya bavugaga Yesu neza kuberâibitangaza ariko we ntabizere! Ivangili yâibitangaza idashingiye ku guhinduka mu mitima ikozeho benshi ariko tumenye ko Imana yitegerezâimitima, idakeneye rapports zâabashumba, zâabahanuzi nâabandi badushimagiza ariko batatuzi mu mutima. Imana izi ibiturimo, twemere tujye ku isoko tuyisabe guhinduka no kunesha .
đHari uwaririmbye đŒđŒati: Uwiteka arareba, arareba ntagira icyo ahishwa!
Uwo murirmbyi ashyiraho nâurutonde rwâabantu Imana yarebye abakozi bayo batari bazi ibyo bakoze, nyuma ikabihishura ibyaha byabo bikabakozâisoni, nka Akani mu ntambara yâi Yeriko, Dawidi arimo arunguruka muka Uriya, Ananiya na Safira twavuzeho ubushize nâabandi benshiâŠ..kandi natwe yagiye iduturumburamo ibibi undi muntu atari kumenya kuko izi ibiturimo byose.
â Ese aho tujya twibuka ko nâijambo ritagera ku rurimi rwacu iba yaritahuye!
đ Mureke dukore byose tuziko dukorerâImana itagira icyo ihishwa, aho dutsikiye tuyisabe imbabazi tuzikuye ku mutima, aho tugirâintege nke tuyisabe gutsindishirizwa, tumenye kuyibwirâukuri aho byanze nâaho twumva byatugoye, nayo izadutabara.
Twerure tumere nka wa muririmbyi wagizâati: ingeso wa mubi nyanduje, nizishaka kubyuka, uzirimbure uzice pe! Mpore nihariwe nâibya Yesu. Mureke dukundane mu bikorwa (atari nka wa wundi washukishaga abakobwâuyu murongo ngo abone uko abasambanya) no mu kuri (mu byiza no gukiranuka gusa), kuko imitima itaducirâurubanza ituma dutinyuka kandi Imana iri hejuru yâimitima yacu.
Mureke duharanire kuba abera mu ngeso zacu imbere yâImana nâabantu kandi tubane nâabandi amahoro, dukorane urukundo dutsinde umubi kuko Imana itagirâaho ihishwa kandi ikunda abayigandukira mu mitima no mu mibereho yabo.
Yesu abahe umugisha.
đUmunsi mwiza, icyumweru nâukwezi bihire.
Amen.
Jean Claude MUTABAZI