đ€Yesu ashimwe Bene Data.
đNejejwe nâImana ko ikomeze kudutunga no kutugenerâumugati wa buri munsi, ikatwungurâubwenge kandi igakomeza kutuyobora mu gukiranuka kugezâubwo izatugeza mu bwami bwa Data, twateguriwe.
đUyu munsi numvise mpatwa ko tuvugana ku rugamba tugomba kurwana kandi tugomba kunesha kuko ariwo muhamagaro wacu abizeye Kristo.
đMureke turirimbe, tuze gusoma aya magambo nubwo ari menshi, wenda tuyaganireho gato, tuzayagarukeho ubutaha. Reka ntangire nka Yobu nibaza iki kibazo: Mbese umuntu akiri mu isi ntaba afashâigihe mu ntambara, nâiminsi ye si nkâiyâukorerâibihembo? (Yobu 7:1)
đ¶đ”Indirimbo 205 mu gushimisha
- Urwanâintambara nziza !
Kristo nâimbaraga zawe :
Fatâ ubugingo aguhaye,
Ngo buguheshâ ibyishimo - Usiganirwâaho Yesu
Yicayâ agutegereje
Ni We nzira kandi ni We
Bihembo byo kurushanwa - Wabujijwe kwiganyira,
Wizere gusâ ubuntu bwe,
Uzabonâ urukundo rwe
Kw ari rwo rukubeshahto - Ntutinye, we gucogora ;
Ntahindukâ aragukunda,
Yesu ni byosâ umufite,
Nta cyo wabasha gukena.
đ 1Yohana 3 :1-10
Abana bâImana nâabana ba Satani abo ari bo
- Nimurebe urukundo ruhebuje Data wa twese yadukunze, rwatumye twitwa abana bâImana kandi ni ko turi. Ni cyo gituma abâisi batatumenye kuko batayimenye.
- Bakundwa, ubu turi abana bâImana ariko uko tuzamera ntikurerekanwa. Icyakora icyo tuzi ni uko Yesu niyerekanwa, tuzasa na we kuko tuzamureba uko ari.
- Kandi ufite ibyo byiringiro muri we, yiboneza nkâuko uwo aboneye.
- Umuntu wese ukora icyaha, aba agomye, kandi icyaha ni bwo bugome.
- Muzi yuko uwo yerekaniwe gukuraho ibyaha kandi nta cyaha kimurimo.
- Umuntu wese uguma muri we ntakora ibyaha, umuntu wese ukora ibyaha ntiyamubonye kandi ntiyamumenye.
- Bana bato, ntihakagire ubayobya. Ukiranuka ni we mukiranutsi nkâuko uwo ari umukiranutsi.
- Ukora ibyaha ni uwa Satani, kuko uhereye mbere na mbere Satani akora ibyaha. Ibyo Umwana wâImana yerekaniwe ni ibi: ni ukugira ngo amareho imirimo ya Satani.
- Umuntu wese wabyawe nâImana ntakora ibyaha kuko imbuto yayo iguma muri we, kandi ntabasha gukora ibyaha kuko yabyawe nâImana.
- Icyo ni cyo kimenyekanisha abana bâImana nâabana ba Satani. Umuntu wese udakiranuka cyangwa udakunda mwene Se, si uwâImana.
đEzekiel 18:4, 20-32
- Dore ubugingo bwa bose ni ubwanjye, ubugingo bwâumwana ni ubwanjye nkâubugingo bwa se, ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa.
- Ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa, umwana ntazazira ibyaha bya se kandi na se ntazazira ibyaha byâumwana we, gukiranuka kâumukiranutsi kuzaba kuri we, kandi ibyaha byâumunyabyaha bizaba kuri we.
- âAriko umunyabyaha nahindukira akava mu byaha bye byose yakoze, agakomeza amategeko yanjye yose kandi agakora ibitunganye bihwanye nâamategeko, ni ukuri azabaho ntabwo azapfa.
- Ibyaha bye byose yakoze nta na kimwe kizamubarwaho, azabeshwaho nâuko yabaye umukiranutsi. 23. Muragira ngo nishimira ko umunyabyaha apfa? Ni ko Umwami Uwiteka abaza. Ikiruta si uko yahindukira akava mu nzira ye mbi, akabaho? 24. âAriko umukiranutsi nareka gukiranuka kwe agakora ibibi, agakurikiza ibizira byose, ibyo umunyabyaha akora, mbese azabaho? Ibyo gukiranuka yakoze byose nta na kimwe kizibukwa, ubugome bwe yagize nâicyaha cye yakoze ni byo azazira.
- âAriko muravuga muti âImigenzereze yâUwiteka ntitunganye.â Nimwumve mwa bâinzu ya Isirayeli mwe, mbese imigenzereze yanjye ntitunganye? Imigenzereze yanyu si yo idatunganye?
- Umukiranutsi nareka gukiranuka kwe agakora ibibi azabipfiramo, ibibi yakoze ni byo apfiramo.
- Maze kandi umunyabyaha nava mu byaha bye yakoraga, agakora ibitunganye bihwanye nâamategeko, azakiza ubugingo bwe.
- Kuko yihwituye akava mu bibi bye yakoze byose, ni ukuri azabaho ntabwo azapfa.
- Ariko abâinzu ya Isirayeli baravuga bati âImigenzereze yâUwiteka ntitunganye.â
Mwa bâinzu ya Isirayeli mwe, mbese imigenzereze yanjye ntitunganye? Imigenzereze yanyu si yo idatunganye? - âNi cyo gituma ngiye kubacira urubanza, umuntu wese nkâuko imigenzereze ye iri, mwa bâinzu ya Isirayeli mwe.
Ni ko Umwami Uwiteka avuga. Nimugaruke muve mu bibi byanyu byose, ibibi bitabatera kurimburwa. - Nimute kure ibicumuro byanyu byose, ibyo mwakoze, mwirememo umutima mushya nâumwuka mushya.
Kuki mwarinda gupfa, mwa bâinzu ya Isirayeli mwe? - Erega sinishimira ugiye gupfa ko yapfa, nuko nimuhindukire mubeho.â Ni ko Umwami Uwiteka avuga.
đAbaheburayo 12:1-6
Kwihanganira ibitugerageza dukurikije icyitegererezo cya Kristo
- Nuko natwe ubwo tugoswe nâigicucu cyâabahamya bangana batyo, twiyambure ibituremerera byose nâicyaha kibasha kutwizingiraho vuba, dusiganirwe aho dutegekwa twihanganye
- dutumbira Yesu wenyine, ari we Banze ryo kwizera kandi ari we ugusohoza rwose, yihanganiye umusaraba ku bwâibyishimo byamushyizwe imbere ntiyita ku isoni zawo, yicara iburyo bwâintebe yâImana.
- Nuko muzirikane uwo wihanganiye ubwanzi bwâabanyabyaha bukomeye butyo, kugira ngo mudacogora mukagwa isari mu mitima yanyu.
- Mwebweho ntimuragera aho muvusha amaraso mu ntambara murwanya ibyaha,
- kandi mwibagiwe kwa guhugura kubabwira nkâabana ngo âMwana wanjye, ntugasuzugure igihano Uwiteka ahana, Kandi ntugwe isari nagucyaha.
- Kuko uwo Uwiteka akunze ari we ahana, Kandi akubita ibiboko abo yemera bose ko ari abana be.â
đđ»Hari urugamba ruturâimbere twese kandi tugomba gutsinda kugira ngo tubashe kwinjira mu bwami bwâImana.
đKenshi umwanzi aratubeshyabeshya akabitwibagiza cg akatwumvisha ko ari ikiza ari ikibi byose ari kimwe kandi ntacyo bitwaye kuko ubwo twabatijwe, tugakomezwa, tugashyingirwa, tukaba dufitâimirimo mu itorero nâibindi ntacyo tugomba kwitaho muko tubaho cg twitwara!
Kera umwalimu yaje kutwigisha imyitwarire nâamategeko agenga abakorâumwuga wâubuvuzi, maze atangira agira ati: mu buzima habaho ibintu 2: ikiza nâikibi, maze abihuza nâibyo abashinwa kera bavuga ko mu buzima habaho Yang and Yin.
đIyo myumvire yâibintu bibili iteka bibangikanye nkâumucyo nâumwijima, umugabo nâumugore, ukwezi nâizuba,âŠuyisanga neza no mu ijambo ryâImana.
âđœ Niho ijambo ryatubwiye ko utari uwâImana ari uwa satani kandi rikatwereka neza ibigaragara biranga abâImana nâaba satani Ijambo rikuraho urujijo rwose rikerekana ko utaba wâImana kandi ngo ube ukiri imbata yâibyaha. Urugamba rero abana bâImana bariho ni urwo gitsinda/kuneshâibyaha kandi uyu niwo murongo Umwami Yesu yatweretse tugomba kugenderamo nkâuko Yohana yabiduhishuriye. Umwana wâImana yerekaniwe gukuraho imirimo ya satani mu buzima bwacu, mu yandi magambo, Yesu yaje kudukuramo ibibi, ibyaha, ubugome nâumwijima ngo aduhindure abera tubeho tumunezeza kandi tumuheshâicyubahiro turihano mu isi, nyuma tuzajye tumuhimbariza mu ijuru mu bwami bwiza yaduteguriye.
đđ»Ngâuwo umuhamagaro wacu kandi ngâurwo urugamba tugomba kurwana nâisi, umubiri nâumubi, byo banzi bacu badashaka ko turekâibyaha burundu.
đIyo rero tubaswe ku kintu runaka tukabaho ubuzima butanesha, tuba dutsinzwe kandi kenshi biriyongeranya kuko dayimoni ahamagarâundi, ugasangâumuntu wakoreragâImana neza, yirinda, yihana, abana neza nâabandi, asigaranye imico mibi kabone nubwo atava mu itorero cg ngo impano ze zireke gukora.
đŹ Niho Yesu yatubwiye ko tuzajya tumenyerâabigishwa be bâukuri ku mbuto bera cg imirimo yabo.
đđ»Hari imirimo igaragara twese tubona, hariho nâibera mu mwijima aho abantu batareba gusa nta gushidikanya buri wese mu mutima we ntacyo ahahisha kandi iyo Umwuka wera akimukomanga aba azi neza ko adahagaze neza ku rugamba.
đđ»Ikindi nuko ibitagaragara ubu, nabyo bitazahishwâiteka, tukaba dusabwa rwose kugirâimirimo myiza yo gukiranuka kuko ntaho Imana ihishwa kandi nâibihishwe izabishyira ku karubanda mu gihe runaka
(1 Timoteyo 5:24-25).
đTugomba kunesha kuko igihe twavuye mu gukiranuka, tuzabazwa byose twakoze igihe twagutaga, twakwirengagizaga cg twatsindwaga kandi ntihariho kurenganya cg kurobanura ku butoni nkâuko ijambo ryâImana rikomeza kubitwereka muri ariya magambo twasomye muri Hezekiyeli.
âIkibazo gikomeye kiri ku mbaraga dushyira mu kurwanâuru rugamba. Usanga kenshi abitwa ko twizeye, tuzi guhangana mu magambo no kwemeza abandi ibyo twizera, kurushanwa mu gukoreshâimpano, kuzamuka mu ntera mu mirimo yo mu nsengero, nâibindi byaba byiza cg bibi ariko kenshi kumenya gucogoza kamere, irari nâimibiri yacu ugasanga bitunanira cg tubigendamo biguruntege nyamara arirwo rugamba twahamagariwe kurwana.
đŁ Paul yabwiye mu buryo butaziguye abakorinto ko abizera tugomba kumenya gutegekâimibiri yacu, ariko ubu imibiri iragurumana, irashaka ko abantu bambara, barya, bakanaryamana mu buryo bwose bushoboka bwa gipagani kandi urebye mu nzu yâImana ibi ntibikitaweho kuko hariho ivanjiri, itatwibutsa ko turi ku rugamba rwo kuneshâimibiri yacu
(1 abakorinto 7).
Ikintu cyose kigirâuko gikorwa mu Mana kandi nitutanesha tuzabihanirwa byâiteka kuko Kristo yaje kutubatura no kudushoboza gukiranuka, bityo rero ibyaha ntibikwiye kudutegeka ahubwo tugomba kubinesheshâimbaraga zazuye Yesu zidukoreramo kuko twumviyâubutumwa bwiza tubikuye ku mitima (Abaroma 6:17).
đ€·đ»ââErega urebye ntituragera aho tuvusha amaraso mu ntambara turwanyâibyahaâŠ. uhagazâute kuri uru rugamba?
âEse hari amaraso wavuye mu rugamba rwo gukiranuka?
âEse ntihakirâibyaha bikubase mu ngingo zawe?
đHari icyo wakora, fungurira Yesu, yabashishije abatubanjirije kandi natwe bicye twashoboye niwe wahabaye kandi nâubu aracyatubambira amahema kugira ngo tuneshe.
đđ»Isuzume nanjye nisuzume.
Imana iduhe imbaraga tuneshâurugamba rwâibyaha kuko inyuma yarwo hari ingororano nziza kubazanesha nâumujinya wâinkazi wâImana kubaza batsinzwe.
Tuzabigarukaho mu kigisho kindi.
Uwiteka abahe umugisha,đđ
Umunsi mwiza nâicyumweru gihire.
Ijuru ribane namwe ku rugamba.
Jean Claude MUTABAZI